SlideShare une entreprise Scribd logo
1  sur  9
Télécharger pour lire hors ligne
Inzira
Itugeza
ku Mana
“Mbere na mbere Imana yaremye ijuru n’isi.”
—Itangiriro 1:1
“Kuko muri we [Kristo] ari mo byose byaremewe, ari
ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi. . . .”
—Abakolosayi 1:16
“Muhawe umugisha n’Uwiteka, waremye ijuru n’isi.
Ijuru ni iry’ Uwiteka, ariko isi yayihaye abantu”
—Zaburi 115:15, 16
Isi yari itunganye igihe Imana yayiheraga abantu. Komeza
usome muri aka gatabo ngo umenye ibyabaye nyuma y’aho.
IMANA YAREMYE IYI SI YACU 1
N’IBINTU BIZIMA BYOSE
“Imana iravuga iti ‘Tureme umuntu, agire ishusho
yacu, ase natwe; batware . . . isi yose.’ ” —Itangiriro 1:26a
2 IMANA YARATUREMYE UMUNTU AHINDUKA UBUGINGO BUZIMA 3
“Uwiteka Imana irema umuntu mu mukungugu wo
hasi, imuhumekera mu mazuru umwuka w’ubugingo;
umuntu ahinduka ubugingo buzima*.” —Itangiriro 2:7
“Kandi Uwiteka Imana iravuga iti ‘Si byiza ko uyu
muntu aba wenyine; reka mmuremera umufasha. . . .’
Uwiteka Imana isinziriza uwo muntu ubuticura, aras-
inzira; imukuramo urubavu rumwe, ihasubiza inyama;
urwo rubavu Uwiteka Imana yakuye muri uwo muntu,
iruhindura umugore, imushyira uwo muntu.”
—Itangiriro 2:18a, 21, 22
*Ubugingo buzima ni ukuvuga ko tuzabaho iteka ryose.
©1994 ya Rose Stair Goodman. Ishusho yo ku gipfuko yakozwe na Edwin B. Wallace.
Meryl Esenwein yakoze amashusho yo kuri iyi page no kuri iza 10, 12, 14, 16, 27, 29,
39, 41, 42, 44, 46, 47, na 48. Imirongo yo muri Bibliya yavuye muri Bibliya Yera ya
1957, © Alliance Biblique Universelle.
Nta bwo dukwiriye kumvira ijwi rya Satani.
ADAMU NA EVA NTIBUMVIYE IMANA4 “Uwiteka Imana ijyana wa muntu, imushyira muri
iyo ngobyi yo mu Edeni, ngo ahingire ibirimo, ayirinde.
Uwiteka Imana imutegeka iti ‘Ku giti cyose cyo muri iyo
ngobyi ujye urye imbuto zacyo, uko ushaka; ariko igiti
cy’ubwenge bumenyesha icyiza n’ikibi ntuzakiryeho; kuko
umunsi wakiriyeho, no gupfa uzapfa’” —Itangiriro 2:15-17
INZOKA, YITWA N’UMWANZI CYANGWA SATANI,
ISHIDIKANYA UBUTEGETSI BW’IMANA, KANDI IBESHYA
“Iyo nzoka ibwira umugore iti ‘Gupfa ntimuzapfa.’
. . . Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya
byiza, kandi ko ari icy’ igikundiro, kandi ko ari icyo
kwifurizwa kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma
ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n’umugabo
we . . . arazirya.” —Itangiriro 3:4, 6
“Uwiteka Imana imwirukana muri ya ngobyi mu Edeni,
kugira ngo ahinge ubutaka yavuyemo . . . ishyiraho
abamarayika n’inkota yaka umuriro . . . ngo ibuze inzira
ijya kuri cya giti cy’ubugingo.” —Itangiriro 3:23b, 24b
6 ADAMU NA EVA BABUJIJWE
KUGUMA MU EDENI
“. . . Nk’uko ibyaha byazanywe mu isi n’umuntu umwe, urupfu
rukazanwa n’ibyaha, ni ko urupfu rugera ku bantu bose....”
—Abaroma 5:12
Ikintu tugomba kwibuka
Buri muntu avukana kamere y’icyaha kandi azapfa kuko urupfu
rwazanywe n’icyaha. (Ongera usome Abaroma 5:12.)
IGIHE ADAMU NA EVA BACUMURAGA 7
CYABEREYE ABANTU BOSE
UMUNSI W'UMUBABARO
“Muri we [Kristo Yesu] ni ho hari kûzura k’Ubumana
kose mu buryo bw’umubiri.” —Abakolosayi 2:9
“Azabyara umuhungu,
uzamwite YESU, kuko
ari we uzakiza abantu be
ibyaha byabo.”
—Matayo 1:21
Kugira ngo abe umuntu, Umwana w’Imana
yari akwiriye kuvuka nk'uruhinja rw’umuntu.
8 IMIGAMBI Y’IMANA YO KUDUKIZA
IBYAHA YARI UGUTUMA
UMWANA WAYO W’IKINEGE “Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yaho-
ranye n’Imana, kandi Jambo yari Imana . . . . Jambo uwo
yabaye umuntu, abana natwe. . . .” —Yohana 1:1, 14
“Nuko ibyo byose byabereyeho kugira ngo ibyo
Umwami Imana yavuze . . . bisohore ngo ‘Dore umwari
azasama inda, kandi azabyara umuhungu, azitwa
Imanuweli’ risobanurwa ngo, Imana iri kumwe
natwe.” —Matayo 1:22, 23
“Nuko umwana yatuvukiye, duhawe umwana w’u-
muhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye; azitwa
Igitangaza, Umujyanama, Imana ikomeye, Data wa
twese Uhoraho, Umwami w’amahoro.” —Yesaya 9:6
YESU NI IMANA– 9
AGIRA ISHUSHO Y’UMUNTU
5
“. . . Utigeze kumenya icyaha . . . .” —2 Abakorinto 5:21
“Nta cyaha yakoze”
—1 Petero 2:22
Nta gitambo umuntu yashobora
gutamba cyari GITUNGANYE
ngo gishobore gukuraho ibyaha.
“Erega ntibishoboka ko ama-
raso y’amapfizi n’ay’ ihene aku-
raho ibyaha.”
—Abaheburayo 10:4
Yesu ni we Mwana w’intama w’Imana. “Nguyu Umwana w’inta-
ma w’Imana, ukuraho ibyaha by’abari mu isi.” —Yohana 1:29b
10 YESU KRISTO–
IGITAMBO GITUNGANYE CYADUTAMBIWE
Yesu yabambiwe ku musaraba w’igiti kuko abantu b’a-
banyamwaga bamwangaga. Ariko urupfu rwe rwari mu
migambi y’Imana. Yesu yatanze ubugingo bwe ku bushake
bwe bwite, kugira ngo adukize, wowe nanjye, ibyaha byacu.
Yesu yaravuze ati, “Nta ubunyaka [ubugingo bwanjye], ahu-
bwo mbutanga ku bushake bwanjye. Nshobora kubutanga
kandi nshobora kubusubirana.” —Yohana 10:18
TURACUNGURWA N’AMARASO Y’UMWANA W’INTAMA W’IMANA
“. . . Ibyo mwacungujwe . . . ntibyari ibyangirika nk’ifeza
cyangwa izahabu, ahubwo mwacungujwe amaraso y’igiciro
cyinshi, nk’ay’umwana w’intama utagira inenge cyangwa
ibara, ni yo ya Kristo.” —1 Petero 1:18, 19
Nta bindi bitambo bishobora gukuraho ibyaha.
YESU YATANZE UBUGINGO 11
BWE KUGIRA NGO ADUKIZE
“. . . Kristo yadupfiriye, tukiri abanyabyaha [tutumviye
Imana].” —Abaroma 5:8
Uyu
mugome
yizeye
Yesu
agakizwa.
“. . . Ubwo twagizwe intungane [dutsindishirizwa] imbere
y’Imana n’amaraso ye, tuzarushaho gukizwa uburakari
bwayo tubikesha Kristo.” —Abaroma 5:9
12
Uyu
mugome
yanze
kwizera
Yesu,
bituma
adakizwa.
“Mwami, uzanyibuke, ubwo
uzazira mu bwami bwawe.”
“. . . Ndakubwira
ukuri ko uyu
munsi
turibubane
muri Paradiso.”
—Luka 23:43
“Kuko Imana yakunze abari
mu isi cyane, byatumye itanga
Umwana wayo w’ikinege, kugira
ngo umwizera wese atarimbuka,
ahubwo ahabwe ubugingo
buhoraho.”
—Yohana 3:16
“Ni we wadukijije ubutware bw’umwijima, akadukuramo,
akatujyana mu bwami bw’Umwana we akunda. Ni we
waducunguje amaraso ye, ngo tubone kubabarirwa ibyaha
byacu” —Abakolosayi 1:13, 14
ABIZERA UMWANA W’IMANA BOSE 13
BAFITE UBUGINGO
“Marayika abwira
abagore ati ‘Mwebweho,
mwitinya; kuko nzi yuko
mushaka Yesu wa-
bambwe. Ntari hano;
kuko yazutse nk’uko
yavuze. Nimuze,
murebe aho Umwami
yari aryamye.’ ”
—Matayo 28:5, 6
14 “YARAZUTSE!” YESU YAZUTSE AVUYE MU BAPFUYE 15
“Ndi Uhoraho. Icyakora nari narapfuye, ariko none
dore mporaho iteka ryose, kandi mfite imfunguzo z’u-
rupfu n’iz’ikuzimu.” —Ibyahishuwe 1:18
“. . . Kuko ndiho, namwe muzabaho.” —Yohana 14:19
Kuko Kristo yanesheje urupfu akaba afite imfunguzo z’u-
rupfu, ntitukigomba gutinya urupfu.
“Uko ntinya kose, nzakwiringira.” —Zaburi 56:3
(Reba urupapuro rwa 46 ngo ubone andi masezerano y’Imana.)
YESU ABASHA KUGUKIZA, KANDI AKABA ARAGUSENGERA
“Naho Uwo, kuko ahoraho iteka ryose . . . abasha gukiza rwose
abegerezwa Imana na we, kuko ahoraho iteka ngo abasabire.”
—Abaheburayo 7:24, 25
Mbese WOWE
ukurikira iyihe nzira?
Yesu Kristo ni we NZIRA
igera ku BUGINGO buho-
raho no kubana n’Imana.
Satani ni we nzira igera
ku RUPFU ruhoraho.
Uyu muhungu ahisemo neza inzira igera ku bugingo buhoraho.
UZAHITAMO IKIHE? 17
“. . . Uyu munsi nimwitoranirize uwo muzakorera.”
—Yosuwa 24:15
“. . . Nuko uhitemo ubugingo, ubone kubaho, wowe
n’urubyaro rwawe. . . .” —Gutegeka kwa Kabiri 30:19
YESU NI WE NZIRA IGERA KU BUGINGO BUHORAHO
“Nta undi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi
zina munsi y’ijuru ryahawe abantu, dukwiriye guki-
rizwamo.” —Ibyakozwe 4:12
“Jyewe, jye ubwanjye, ni jyewe Uwiteka; kandi nta
undi mukiza utari jyewe.” —Yesaya 43:11
1. Yesu Kristo ni we waje.
“. . . Jyeweho nazanywe no kugira ngo zibone
ubugingo. . . .” —Yohana 10:10
18 NI KUKI DUKWIRIYE GUHITAMO
YESU NIDUSHAKA UBUGINGO BUHORAHO?
2. Ni Yesu Kristo wadukunze
akadupfira.
“. . . Umwana w’Imana wankunze,
akanyitangira.” —Abagalatiya 2:20
Yesu yabaye umuntu, agira amaraso
n’umubiri nkatwe, “kugira ngo urupfu
rwe aruhinduze ubusa ufite ubutware
bw’urupfu, ni we Satani, abone uko abtra abahoze
mu bubata bwo gutinya urupfu mu kubaho kwabo
kose. —Abaheburayo 2:14, 15
3. Amaraso ya Yesu ni yo yonyine umuti udukiza
ibyaha.
“. . . Amaraso ni yo mpongano y’ubugingo bwanyu. . . . ”
—Abalewi 17:11
“. . . Amaraso ya Yesu Umwana wayo atwezaho ibyaha
byose.” —1 Yohana 1:7
“Ni we waducunguje amaraso ye, ngo tubone
kubabarirwa ibyaha byacu.” —Abakolosayi 1:14
19
“Yapfiriye bose kugira ngo abariho bå gukomeza
kubaho kubwabo, ahubwo babeho kubwa uwo wa-
bapfiriye, akanabazukira.” —2 Abakorinto 5:15
Yesu yaravuze ati “...Kuko ndiho, namwe muzabaho.”
—Yohana 14:19
20 4. Kristo ni we wazutse mu
bapfuye.
“. . . Tuzi ko Kristo amaze
kuzuka atagipfa, urupfu
rukaba rutakimufiteho urutabi
[ububasha].”
—Abaroma 6:9
5. Dukwiriye kuba dufite Mwuka wa Kristo muri 21
twe kugira ngo tuzazurirwe ubugingo buhoraho.
“Kristo uri muri mwe, ni byo byiringiro by’ub-
wiza.” —Abakolosayi 1:27c
“Ariko niba Umwuka w’Iyazuye Yesu aba muri
mwe, Iyazuye Kristo Yesu izazura n’imibiri yanyu
ipfa kubwa Umwuka wayo uba muri mwe.”
—Abaroma 8:11
NIMUMENYE NEZA KO MWUKA
WA KRISTO ABA MURI MWE
“. . . Umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo, ntaba
ari uwe.” —Abaroma 8:9
16 WOWE NANJYE DUSHOBORA GUHABWA
UBUGINGO BUHORAHO
“Yes’ arankunda . . . kuko yampfiriye.”
22 YESU AKUNDA ABANA BOSE
“Arabakikira,
abah’ umugisha,
abarambitsehw
ibiganza”
—Mariko 10:16
“Yesu arabahamagara ati ‘Mureke abana bato
bansange, ntimubabuze, kuko abameze batyo
ubwami bw’Imana ari ubwabo.’ ” —Luka 18:16
“Nuko So uri mu ijuru ntashaka ko hagira n’umwe
muri aba bato urimbuka [kuzimira iteka ryose].”
—Matayo 18:14
Nta cyo bitwaye uwo uri we, cyangwa aho utuye aho ari
ho, Yesu aragukunda, kandi yaragupfiriye. Yesu ashaka ko
umukunda kandi. Ushobora kwerekana ko umukunda mu
kumwumvira.
“Nimunkunda, muzitondera amategeko yanjye.”
—Yohana 14:15
“Umuntu, naho ari umwana ame nyekanira ku byo
akora. . . .” —Imigani 20:11
1. Emera ko uri umunyabyaha (ko utumviye Imana).
“Kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikira ubwiza
bw’Imana.” —Abaroma 3:23
2. Egera Imana uciye muri Yesu Kristo.
“Kuko hariho Imana imwe, kandi hariho Umuhuza
umwe w’Imana n’abantu, na we ni umuntu, ni we Yesu
Kristo.” —1 Timoteyo 2:5
“Ni cyo gituma [Yesu] abasha gukiza rwose abegerezwa
Imana na we. . . . ” —Abaheburayo 7:25
Yesu yaravuze ati, “. . .Uza aho ndi sinzamwirukana na
hato.” —Yohana 6:37
24 UKO USHOBORA KUBONA INZIRA
IKUGEZA KU MANA
Kuri iyi mirongo andika amagambo yo muri 1 Yohana 1:9
Urayabona mu ishusho y’ibiganza iri ku rupapuro rwa 25.
_______________________________________
_______________________________________
_______________________________________
_______________________________________
5. Reka ibyaha byawe.
(Ni ukuvuga kutabisubiramo.)
“Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza; ariko
ubyatura akabireka, azababarirwa.” —Imigani 28:13
“Va mu byaha, ujye ukore ibyiza. . . . ” —Zaburi 37:27
26
3. Niwihane ibyaha byawe.
((Kwihana kuvuga ko ubabazwa
n’ibyaha byawe, bituma wemera
kubireka.)
“Nuko mwihane, muhindukire,
ibyaha byanyu bihanagurwe. . . . ”
—Ibyakozwe 3:19
“Umwami Imana. . . itwi-
hanganira, idashaka ko hagira
n’umwe urimbuka, ahubwo
ishaka ko bose bihana.”
—2 Petero 3:9
4. Aturira Yesu ibyaha byawe.
(Kwatura ni ukubivuga, kubyemera.)
25
6. Izera Umwami Yesu
Kristo
“Ni watuza akanwa kawe
ko Yesu ari Umwami, ukizera
mu mutima wawe ko Imana
yamuzuye, uzakizwa.”
—Abaroma 10:9
“. . . Izera Umwami Yesu
urakira ubwawe n’abo mu
rugo rwawe.”
—Ibyakozwe 16:31
“Mwakijijwe n’ubuntu
kubwo kwizera; . . . ni impano
y’Imana; ntibyavuye no ku
mirimo, kugira ngo hatagira
umuntu wirarira.”
—Abefeso 2:8, 9
27
23
“Ni twatura
ibyaha byacu, ni
yo yo kwizerwa
kandi ikiranukira
kutubabarira
ibyaha
byacu . . . .”
—1 Yohana 1:9
7. Akira Umwami Yesu Kristo mu mutima
wawe no mu mibereho yawe.
Ni wowe wenyine ushobora
gukingura urugi rw’umutima wawe
no kwinjiza Yesu. Yesu yaravuze
ati, “Dore, mpagaze ku rugi,
ndakomanga. Umuntu ni yumva
ijwi ryanjye, agakingura urugi,
nzinjira iwe, dusangire.”
—Ibyahishuwe 3:20
“Icyakora, abamwemeye bose,
bakizera izina rye, yabahaye
ubushobozi bwo kuba abana
b’Imana.” —Yohana 1:12
28
Niba uba utigeze gusenga, kandi wumva ko ushaka
ugufasha mu gusenga, ushobora gukurikira isengesho
ryanditswe hano hepfo:
Mwami Yesu Kristo nkunda,
Ndagushimiye ko wampfiriye ku
musaraba kugira ngo unkuremo ibyaha
byanjye. Ndababajwe n’ibibi nakoze
byose. Ndagusabye kuza winjira mu
mutima wanjye ukambamo iteka ryose.
Ndakwizeye ubu ngubu ngo unyoze
umutima. Ndakwakiriye ngo ube
Umukiza wanjye n’Umwami wanjye.
Ndabsabye mu izina rya Yesu. Amina.
KUKUYOBORA MU GUSENGA 29
“. . . Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo
bugingo bubonerwa mu Mwana wayo. Ufite uwo Mwana
ni we ufite ubwo bugingo. . . . ” —1 Yohana 5:11, 12
“. . . Uwumva ijambo ryanjye, akizera uwantumye . . . aba
avuye mu rupfu, ageze mu bugingo.” —Yohana 5:24
Igihe umubiri wawe upfira, wowe uba uri kumwe n’Umwami
(2 Abakorinto 5:8). “. . . Kristo uri muri mwe, ni byo byi-
ringiro by’ubwiza” (Abakolosayi 1:27)
Niba wamaze gusaba Yesu kukubabarira ibyaha byawe, kandi
ukaba wizera Umwami Yesu Kristo ngo abe Umukiza wawe, andi-
ka izina ryawe hano kuri uyu murongo:
_______________________________________
30 IGIHE UFITE YESU MU MUTIMA,
UBA UFITE UBUGINGO BUHORAHO
Soma imirongo yo muri Bibliya (ni
yo Jambo ry’Imana) buri munsi,
kandi uyihishe mu mutima wawe mu
gufata mu bwenge imirongo igu-
fasha. (Urabona imirongo myiza
myinshi muri aka gatabo.)
“Ibyanditswe byera byose
byahumetswe n’Imana, kandi
bigira umumaro wo kwigisha
umuntu [ibyo kwizera] no
kumwemeza ibyaha bye, no
kumutunganya, no kumuhanira
gukiranuka.” —2 Timoteyo 3:16
UBURYO BWO GUKOMEZA 31
GUKURIKIRA YESU
32 VUGANA NA YESU MU GUSENGA
IGIHE ICYO ARI CYO CYOSE
Shimira Yesu ibyiza byose biboneka mu mibereho yawe.
Umushimire ibyo yagukoreye n’uko yakijije
umutima wawe. Sabira icyo ukeneye cyose.
Senga mu izina rya Yesu.
“. . . Tuzi ko itwumva igihe tuyisabye
ikintu gihuje n’uko ishaka.”
—1 Yohana 5:14
“. . . Icyo muzasaba Data cyose mu
izina ryanjye azakibaha.” —Yohana 16:23
“. . . Musabirane. . . . ” —Yakobo 5:16
“. . . Musabire ababarenganya.”
—Matayo 5:44
ISENGESHO YESU 33
YIGISHIJE ABIGISHWA BE
(Umwigishwa wa Yesu ni umukurikira.)
Yesu yabwiye abigishwa be gusenga batya:
“Data wa twese uri mu ijuru, izina ryawe ryu-
bahwe, ubwami bwawe buze, ibyo ushaka bibeho
mu isi, nk’uko biba mu ijuru; uduhe none ibyo kurya
byacu by’uyu munsi; uduharire imyenda yacu,
nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu;
ntuduhne mu bitwoshya, ahubwo udukize Umubi;
kuko ubwami n’ubushobozi n’icyubahiro ari
ibyawe, none n’iteka ryose. Amen.” —Matayo 6:9-13
Ni ngombwa gufata iryo sengesho mu bwenge. Abakristo
bakunda gusengera hamwe iryo sengesho mu majwi
yumvikana.
34 AMATEGEKO CUMI Y’IMANA ATWIGISHA
UKO DUKWIRIYE KUMERA MU
MIBEREHO YACU
(Kuva 20)
Amategeko Ane Abanza Avuga Iby’Uko Dukunda Imana
1. “Ntukagire izindi mana mu maso yanjye.”
2. “Ntukiremere igishushanyo kibajwe, cyangwa igisa
n’ishusho yose . . . ; ntukabyikubite imbere, ntukabiko-
rere.”
3. “Ntukavugire ubusa izina ry’Uwiteka, Imana yawe.”
4. “Wibuke kweza umunsi w’isabato.”
Andi Atandatu Asigaye Avuga Uko Dukunda Abantu
AMATEGEKO CUMI (akomeza) 35
5. “Wubahe so na nyoko.”
6. “Ntukice.”
7. “Ntugasambane.” (Gusambana ni ukuryamana n’uwo
mutashyingiranwe.)
8. “Ntukibe.”
9. “Ntugashinje ibinyoma mugenzi wawe.”
10. “Ntukifuze . . . ikintu cyose cya mugenzi wawe.”
IYO TWUMVIRA IMANA BITUMA
DUHABWA IBYO DUSABYE
“Icyo dusaba cyose tugihabwa na yo, kuko twitondera
amategeko yayo, tugakora ibishimwa imbere yayo.”
—1 Yohana 3:22
36 AMATEGEKO ABIRI ARUTA ANDI YOSE
Gukunda Imana
1. “Yesu aramusubiza ati ‘Ukundishe Uwiteka, Imana
yawe, umutima wawe wose, n’ubugingo bwawe bwose,
n’ubwenge bwawe bwose. Iryo ni ryo tegeko rikomeye
ry’imbere.’ ” —Matayo 22:37, 38
Gukunda Abantu
2. “N’irya kabiri rihwanye na ryo
ngiri: ‘Ukunde mugenzi wawe nk’uko
wikunda.’ ” —Matayo 22:39
Amategeko yose uko ari icumi (yo ku mpapuro za
34 na 35) arafubitse muri ayo abiri aruta andi yose.
1Nubwo navuga indimi z’abantu n’iz’abamarayika,
ariko singire urukundo, mba mpindutse nk’umuringa
uvuga cyangwa icyuma kirenga. 2Kandi nubwo nagira
impano yo guhanura, nkamenya ibihishwe byose n’ub-
wenge bwose; kandi nubwo nagira kwizera kose,
nkabasha gukuraho imisozi, ariko singire urukundo,
nta cyo mba ndi cyo. 3Kandi nubwo natanga ibyanjye
byose, ngo ngaburire abakene, ndetse nkitanga
ubwanjye ngo ntwikwe, ariko singire urukundo, nta
cyo byammarira. 4Urukundo rurihangana, rukagira
neza; urukundo ntirugira ishyari; urukundo ntirwirarira,
URUKUNDO RURUTA IBINDI 37
BINTU BYOSE
Igice gikuru kivuga iby’Urukundo
(1 Abakorinto 13:1-8, 13)
ntirwihimbaza; 5ntirukora ibiteye isoni, ntirusha-
ka ibyarwo, ntiruhutiraho; ntirutekereza ikibi ku
bantu; 6ntirwishimira gukiranirwa kw’abandi, ahubwo
rwishimira ukuri; 7rubabarira byose, rwizera byose;
rwiringira byose; rwihanganira byose. 8Urukundo nta
bwo ruzashira. Guhanura kuzarangizwa, no kuvuga
izindi ndimi kuzagira iherezo; ubwenge na bwo buza-
kurwaho.
13Ariko none hagumyeho kwizera n’ibyiringiro n’u-
rukundo, ibyo uko ari bitatu; ariko ikiruta ibindi ni
urukundo.
IMANA NI URUKUNDO
“...Imana ni urukundo, kandi uguma mu rukundo, agu-
ma mu Mana, Imana ikaguma muri we.” —1 Yohana 4:16
38 YESU ASHAKA KO UTANGA 39
UBUHAMYA
(uri imuhira, ku ishuri, mu
materaniro, hose)
Yesu yaravuze ati, “Witahire,
ujye mu banyu, ubabwire
ibyo Imana igukoreye
byose, n’uko ikubabariye.”
—Mariko 5:19
40 UKO UMWANA W’IMANA
BWITE AMENYEKANA
“Nuko muzabamenyera ku mbuto zabo.” —Matayo 7:20
“Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo, n’ibyishimo, n’a-
mahoro, no kwihangana, no kugira neza, n’ingeso nziza, no gu-
kiranuka, no kugwa neza, no kwirinda. . . . ” —Abagalatiya 5:22, 23
UMWANA W’IMANA BWITE ABABARIRA ABANDI
“Ni mubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo mu ijuru
azabababarira namwe.” —Matayo 6:14
IBINTU BIRINDWI IMANA YANGA
“Amaso y’ubwibone, ururimi rubeshya, amaboko avusha
amaraso y’utariho urubanza, umutima ugambirira ibibi, ama-
guru yihutira kugira urugomo, umugabo w’indarikwa uvuga
ibinyoma, n’uteranya abavandimwe.” —Imigani 6:17-19
IMIRIMO YA KAMERE:
“ . . . Gusambana, no gukora ibiteye
isoni, n’iby’isoni nke, no gusenga
ibishushanyo, no kuroga, no kwan-
gana, no gutongana, n’ishyari, n’umu-
jinya, n’amahane, no kwitandukanya,
no kwirema ibice, no kugomanwa, no
gusinda, n’ibiganiro bibi, n’ibindi bisa
bityo . . . abakora ibisa bityo ntibaza-
ragwa ubwami bw’Imana.” —
Abagalatiya 5:19-21
“ . . . Cyangwa ibitinga cyangwa
abagabo bendana, cyangwa abaju-
ra, cyangwa abifuza. . . ”
—1 Abakorinto 6:9-10
EMERA KO YESU AKUZUZA MWUKA WE WERA AKAGUTUNGANYA
“Kandi bamwe muri mwe mwari nk’abo; ariko mwaruhagiwe,
mwarejejwe, . . . n’Umwuka w’Imana yacu mu izina ry’Umwami
Yesu Kristo.” —1 Abakorinto 6:11
41
(Soma Luka 16:19-26.)
Numenye neza ko
wizeye Yesu Kristo by’ukuri.
Azandika izina ryawe mu
Gitabo cye cy’Ubugingo.
“Kandi umuntu wese
utabonetse ko yanditswe
muri cya gitabo cy’ubug-
ingo, ajugunywa muri iyo
nyanja yaka umuriro.”
—Ibyahishuwe 20:15
42 UMURIRO UTAZIMA NI AHANTU
HARIHO BY’UKURI
YESU NI WE NZIRA IMWE YONYINE 43
ITUGEZA KU MANA
“. . . Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo
bugingo bubonerwa mu Mwana wayo.” —1 Yohana 5:11
“Kuko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, ariko impano
y’Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo
Umwami wacu.” —Abaroma 6:23
“Uwizera uwo Mwana, aba abonye ubugingo buhora-
ho, ariko utumvira uwo Mwana ntazabona ubugingo,
ahubwo umujinya w’Imana uguma kuri we.”
—Yohana 3:36
“Yesu aramubwira ati ‘Ni jye nzira, n’ukuri n’ubugingo;
nta wujya kwa Data, ntamujyanye.’” —Yohana 14:6
Mu byo Yohana yeretswe byanditswe
mu Byahishuwe 21 yabonye ijuru rishya
n’isi nshya.
“Imana izahanagura amarira yose
ku maso yabo, kandi urupfu ntiruz-
abaho ukundi, kandi umuborogo
cyangwa gutaka cyangwa kuribwa
ntibizabaho ukundi, kuko ibya mbere
bishize. Iyicara kuri ya ntebe iravuga
iti ‘Dore, byose ndabihindura
bishya.’. . . ” —Ibyahishuwe 21:4, 5
Yohana yabonye umurwa wera,
umanuka uva mu ijuru “. . . Ururembo
ubwarwo rwubakishijwe izahabu nziza, imeze nk’ibirahuri byiza.
Imfatiro z’inkike z’urwo rurembo zarimbishishijwe amabuye
y’igiciro cyinshi y’amoko yose. . . . ” —Ibyahishuwe 21:18, 19
44 MW IJURU NI AHANTU HARIHO BY’UKURI YESU YARAGIYE GUTEGURIRA 45
ABAMWIZERA BOSE AHABO
“Ntimuhagarike imitima yanyu, mwizera Imana,
nanjyemunyizere. Mu rugo rwa Data harimo amazu
menshi: iyaba atahari, mba mbabwiye, kuko ngiye
kubategurira ahanyu. Kandi ubwo ngiye kubategurira
ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi,
namwe muzabeyo.” —Yohana 14:1-3
UMENYESHE ABANDI IZO NKURU NZIZA
Yesu yaravuze ati, “Mujye mu bihugu byose, mwigishe
abaremwe bose ubutumwa bwiza” —Mariko 16:15
“Umunyabwenge agarura imitima.” —Imigani 11:30
YESU
Tabara !
Imbuto
z’Umwuka
Imirimo
ya
kamere
46 AMASEZERANO IMANA
ISEZERANIRA ABANA BAYO
“. . . Sinzagusiga na hato, kandi nta bwo nzaguhana na
hato.” —Abaheburayo 13:5
“Azagutegekera abamarayika be, ngo baku-
rindire mu nzira zawe zose.” —Zaburi 91:11
“. . . Dore ndi kumwe namwe iminsi yose,
kugeza ku mperuka y’isi.” —Matayo 28:20
“Ntutinye ibyo ugiye kuzababazwa
. . . ujye ukiranuka, uzageze ku gupfa;
nanjye nzaguha ikamba ry’ubugingo.”
—Ibyahishuwe 2:10
“Ntabaza, ndagutabara. . . . ”
—Yeremiya 33:3
YESU AZAGARUKA 47
Abantu bose bazazurwa bave mu bapfuye.
“. . . Igihe kizaza, ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi
rye, bakavamo, abakoze ibyiza bakazukira ubugingo, naho
abakoze ibibi bakazukira gucirwaho iteka.”
—Yohana 5:28, 29
Abapfiriye muri Kristo bazabanza kuzuka.
“Maze natwe abazaba bakiriho basigaye,
duhereko tujyananwe na bo tuzamuwe mu
bicu, gusanganirira Umwami mu kirere.
Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka
ryose.” –1 Abatesalonike 4:17
“Mujye mwirinda, mube maso, muse-
nge; kuko mutazi igihe ibyo bizasoho-
reramo.” —Mariko 13:33
48 YESU AZAZA ATE?
“Dore arazana n’ibicu, kandi amaso yose
azamureba. . . .” —Ibyahishuwe 1:7
Mwirinde abiyita Kristo batari we n’abahanuzi
b’ibinyoma.
“. . . Umuntu nababwira ati ‘Dore, Kristo ari
hano’; n’undi ati ‘Ari hano’ ntimuzabye-
mere. . . . Nibababwira bati ‘Dore, ari mu
butayu’ ntimuzajyeyo; cyangwa bati ‘Dore,
ari mu kirambi’ ntimuzabyemere.” —Matayo 24:23, 26
YESU AZAZA ATUNGUTSE ARI MU BICU BYO MU IJURU
“Kuko, nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera
aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba . . .
n’amoko yose yo mu isi . . . azabona Umwana w’umuntu aje ku
bicu byo mu ijuru afite ubushobozi n’ubwiza bwinshi. ”
—Matayo 24:27, 30
ZABURI Y’UMWUNGERI
(Zaburi 23)
1Uwiteka ni we mwungeri wanjye, sinzakena. 2Andya-
misha mu cyanya cy’ubwatsi bubisi: anjyana iruhande
rw’amazi adasuma. 3Asubiza intege mu bugingo bwanjye,
anyobora inzira yo gukiranuka kubwa izina rye.
4Naho nanyura mu gikombe cy’igicucu cy’urupfu, sin-
zatinya ikibi cyose, kuko ndi kumwe nawe. Inshyimbo
yawe n’inkoni yawe ni byo bimpumuriza. 5Untunganiriza
ameza mu maso y’abanzi banjye: unsize amavuta mu mu-
twe; igikombe cyanjye kirasesekara.
6Ni ukuri kugirirwa neza n’imbabazi bizanyomaho
iminsi yose nkiriho: nanjye nzaba mu nzu y’Uwiteka
iteka ryose.
If you are interested in receiving additional Scripture booklets write to the
publisher in English.
World Missionary Press, Inc.
P.O. Box 120
New Paris, Indiana 46553-0120 U.S.A.
Aka gatabo gatangwa ku busa — ntikagurishwe
www.wmpress.org 2216 Kinyarwanda WTG
6-09

Contenu connexe

Tendances

Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)
Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)
Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)Jon Gaus
 
5th June 2016 - All die eventually… what is everlasting life
5th June 2016  - All die eventually… what is everlasting life5th June 2016  - All die eventually… what is everlasting life
5th June 2016 - All die eventually… what is everlasting lifeThorn Group Pvt Ltd
 
25th April 2017 - Is there Life after Death?
25th April 2017 - Is there Life after Death?25th April 2017 - Is there Life after Death?
25th April 2017 - Is there Life after Death?Thorn Group Pvt Ltd
 
THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...
THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...
THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...Faithworks Christian Church
 
Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...
Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST  IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST  IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...
Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...Catherine Lirio
 
In Him Was Life - John 1:4
In Him Was Life -  John 1:4In Him Was Life -  John 1:4
In Him Was Life - John 1:4David Turner
 
Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3
Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3
Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3Evert Jan Hempenius
 
Dr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notes
Dr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notesDr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notes
Dr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notesshepherdsconnection
 
I Am The Bread Of Life: John 6:50-51
I Am The Bread Of Life: John 6:50-51I Am The Bread Of Life: John 6:50-51
I Am The Bread Of Life: John 6:50-51David Turner
 
M2014 s78 the light of the world sermons
M2014 s78 the light of the world sermonsM2014 s78 the light of the world sermons
M2014 s78 the light of the world sermonsJames Bradshaw
 
1 2 - father, into you hands, 17 april. 2011
1 2 - father, into you hands, 17 april. 20111 2 - father, into you hands, 17 april. 2011
1 2 - father, into you hands, 17 april. 2011PLCMC CS
 
102112 apostle's creed v rev ashok
102112 apostle's creed v   rev ashok102112 apostle's creed v   rev ashok
102112 apostle's creed v rev ashokAaron Khoo
 
Intimacy with god naf week 3
Intimacy with god naf week 3Intimacy with god naf week 3
Intimacy with god naf week 3Lionel Rattenbury
 
03d who is_jesus
03d who is_jesus03d who is_jesus
03d who is_jesusgraemestudy
 

Tendances (20)

Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)
Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)
Christian beliefs (outline by jon gaus, material by wayne grudem)
 
5th June 2016 - All die eventually… what is everlasting life
5th June 2016  - All die eventually… what is everlasting life5th June 2016  - All die eventually… what is everlasting life
5th June 2016 - All die eventually… what is everlasting life
 
25th April 2017 - Is there Life after Death?
25th April 2017 - Is there Life after Death?25th April 2017 - Is there Life after Death?
25th April 2017 - Is there Life after Death?
 
THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...
THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...
THE GREAT I AM 01 - I AM THE BREAD OF LIFE - PTR. JOSHUA GUTIERREZ - 4PM AFTE...
 
Dna
DnaDna
Dna
 
Jon Gaus
Jon Gaus Jon Gaus
Jon Gaus
 
Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...
Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST  IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST  IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...
Dec.6 2015 1st part -Sunday Message- THE 4 MOST IMPORTANT MEANINGS OF CHRIST...
 
In Him Was Life - John 1:4
In Him Was Life -  John 1:4In Him Was Life -  John 1:4
In Him Was Life - John 1:4
 
Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3
Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3
Live the Eternal life as a Witness to the world - John 17.3
 
Dr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notes
Dr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notesDr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notes
Dr. vernon's you've been confirmed sunday, march 3 rd_sermon notes
 
A Born Again Christian!
A Born Again Christian!A Born Again Christian!
A Born Again Christian!
 
I Am The Bread Of Life: John 6:50-51
I Am The Bread Of Life: John 6:50-51I Am The Bread Of Life: John 6:50-51
I Am The Bread Of Life: John 6:50-51
 
M2014 s78 the light of the world sermons
M2014 s78 the light of the world sermonsM2014 s78 the light of the world sermons
M2014 s78 the light of the world sermons
 
1 2 - father, into you hands, 17 april. 2011
1 2 - father, into you hands, 17 april. 20111 2 - father, into you hands, 17 april. 2011
1 2 - father, into you hands, 17 april. 2011
 
IN HOPE OF ETERNAL LIFE
IN HOPE OF ETERNAL LIFEIN HOPE OF ETERNAL LIFE
IN HOPE OF ETERNAL LIFE
 
102112 apostle's creed v rev ashok
102112 apostle's creed v   rev ashok102112 apostle's creed v   rev ashok
102112 apostle's creed v rev ashok
 
Intimacy with god naf week 3
Intimacy with god naf week 3Intimacy with god naf week 3
Intimacy with god naf week 3
 
03d who is_jesus
03d who is_jesus03d who is_jesus
03d who is_jesus
 
Jesus Christ Is God
Jesus Christ Is GodJesus Christ Is God
Jesus Christ Is God
 
Jesus died of my sin
Jesus died of my sinJesus died of my sin
Jesus died of my sin
 

En vedette

A bible study on revelation mongolian
A bible study on revelation mongolianA bible study on revelation mongolian
A bible study on revelation mongolianWorldBibles
 
The way to god hiligaynon
The way to god hiligaynonThe way to god hiligaynon
The way to god hiligaynonWorldBibles
 
Bible in korean_nt_(pdf)
Bible in korean_nt_(pdf)Bible in korean_nt_(pdf)
Bible in korean_nt_(pdf)WorldBibles
 
A bible study on romans english
A bible study on romans englishA bible study on romans english
A bible study on romans englishWorldBibles
 
The way to god bangala
The way to god bangalaThe way to god bangala
The way to god bangalaWorldBibles
 
Satan versus christ kreyol
Satan versus christ kreyolSatan versus christ kreyol
Satan versus christ kreyolWorldBibles
 
Help from above bari
Help from above bariHelp from above bari
Help from above bariWorldBibles
 
How to know god chinese simplified
How to know god chinese simplifiedHow to know god chinese simplified
How to know god chinese simplifiedWorldBibles
 
Help from above czech
Help from above czechHelp from above czech
Help from above czechWorldBibles
 
Help from above traditional chinese
Help from above traditional chineseHelp from above traditional chinese
Help from above traditional chineseWorldBibles
 
The amazing life of jesus christ burmese
The amazing life of jesus christ burmeseThe amazing life of jesus christ burmese
The amazing life of jesus christ burmeseWorldBibles
 
The way to god cebuano
The way to god cebuanoThe way to god cebuano
The way to god cebuanoWorldBibles
 
The power of god efik
The power of god efikThe power of god efik
The power of god efikWorldBibles
 
Help from above bassari
Help from above bassariHelp from above bassari
Help from above bassariWorldBibles
 
Help from above luganda
Help from above lugandaHelp from above luganda
Help from above lugandaWorldBibles
 
Help from above khmer
Help from above khmerHelp from above khmer
Help from above khmerWorldBibles
 
How to know god thai
How to know god thaiHow to know god thai
How to know god thaiWorldBibles
 

En vedette (17)

A bible study on revelation mongolian
A bible study on revelation mongolianA bible study on revelation mongolian
A bible study on revelation mongolian
 
The way to god hiligaynon
The way to god hiligaynonThe way to god hiligaynon
The way to god hiligaynon
 
Bible in korean_nt_(pdf)
Bible in korean_nt_(pdf)Bible in korean_nt_(pdf)
Bible in korean_nt_(pdf)
 
A bible study on romans english
A bible study on romans englishA bible study on romans english
A bible study on romans english
 
The way to god bangala
The way to god bangalaThe way to god bangala
The way to god bangala
 
Satan versus christ kreyol
Satan versus christ kreyolSatan versus christ kreyol
Satan versus christ kreyol
 
Help from above bari
Help from above bariHelp from above bari
Help from above bari
 
How to know god chinese simplified
How to know god chinese simplifiedHow to know god chinese simplified
How to know god chinese simplified
 
Help from above czech
Help from above czechHelp from above czech
Help from above czech
 
Help from above traditional chinese
Help from above traditional chineseHelp from above traditional chinese
Help from above traditional chinese
 
The amazing life of jesus christ burmese
The amazing life of jesus christ burmeseThe amazing life of jesus christ burmese
The amazing life of jesus christ burmese
 
The way to god cebuano
The way to god cebuanoThe way to god cebuano
The way to god cebuano
 
The power of god efik
The power of god efikThe power of god efik
The power of god efik
 
Help from above bassari
Help from above bassariHelp from above bassari
Help from above bassari
 
Help from above luganda
Help from above lugandaHelp from above luganda
Help from above luganda
 
Help from above khmer
Help from above khmerHelp from above khmer
Help from above khmer
 
How to know god thai
How to know god thaiHow to know god thai
How to know god thai
 

Similaire à The way to god kinyarwanda

The Third Day - The Victory Of The Resurrection
The Third Day - The Victory Of The ResurrectionThe Third Day - The Victory Of The Resurrection
The Third Day - The Victory Of The ResurrectionRobin Schumacher
 
Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8
Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8
Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8Adam Hiola
 
13 crucified and risen
13 crucified and risen13 crucified and risen
13 crucified and risenchucho1943
 
Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020
Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020
Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020David Syahputra
 
04 salvation and the end time
04 salvation and the end time04 salvation and the end time
04 salvation and the end timechucho1943
 
He is risen english
He is risen englishHe is risen english
He is risen englishWorldBibles
 
Applying The Bible Today 2: Ghosts and Spirits
Applying The Bible Today 2: Ghosts and SpiritsApplying The Bible Today 2: Ghosts and Spirits
Applying The Bible Today 2: Ghosts and SpiritsResurrection Church
 
Christianity
Christianity Christianity
Christianity hafizi88
 
1st October 2016 - I know Jesus…do you?
1st October 2016  - I know Jesus…do you?1st October 2016  - I know Jesus…do you?
1st October 2016 - I know Jesus…do you?Thorn Group Pvt Ltd
 
The Truth About Heaven And Hell
The  Truth  About  Heaven And  HellThe  Truth  About  Heaven And  Hell
The Truth About Heaven And HellMajestad Youth
 
THE EMPTY TOMB FINAL.docx
THE EMPTY TOMB FINAL.docxTHE EMPTY TOMB FINAL.docx
THE EMPTY TOMB FINAL.docxELIJAH OGUNTADE
 
04.05.15 because he lives (presentation)
04.05.15 because he lives (presentation)04.05.15 because he lives (presentation)
04.05.15 because he lives (presentation)clarktorrey
 

Similaire à The way to god kinyarwanda (20)

The Third Day - The Victory Of The Resurrection
The Third Day - The Victory Of The ResurrectionThe Third Day - The Victory Of The Resurrection
The Third Day - The Victory Of The Resurrection
 
Heaven sermon1
Heaven sermon1Heaven sermon1
Heaven sermon1
 
Chapel service
Chapel serviceChapel service
Chapel service
 
Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8
Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8
Sekolah Sabat - Triwulan 4 2022 - Pelajaran 8
 
20th may 2016 - The Gospel
20th may 2016 - The Gospel20th may 2016 - The Gospel
20th may 2016 - The Gospel
 
13 crucified and risen
13 crucified and risen13 crucified and risen
13 crucified and risen
 
Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020
Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020
Sabbath school lesson 1 2nd quarter 2020
 
A2 third person2
A2 third person2A2 third person2
A2 third person2
 
04 salvation and the end time
04 salvation and the end time04 salvation and the end time
04 salvation and the end time
 
He is risen english
He is risen englishHe is risen english
He is risen english
 
Applying The Bible Today 2: Ghosts and Spirits
Applying The Bible Today 2: Ghosts and SpiritsApplying The Bible Today 2: Ghosts and Spirits
Applying The Bible Today 2: Ghosts and Spirits
 
Who is Jesus, CHRISTOLOGY
Who is Jesus, CHRISTOLOGYWho is Jesus, CHRISTOLOGY
Who is Jesus, CHRISTOLOGY
 
smallgroups
smallgroupssmallgroups
smallgroups
 
Christianity
Christianity Christianity
Christianity
 
1st October 2016 - I know Jesus…do you?
1st October 2016  - I know Jesus…do you?1st October 2016  - I know Jesus…do you?
1st October 2016 - I know Jesus…do you?
 
Its in the Bible
Its in the BibleIts in the Bible
Its in the Bible
 
The Truth About Heaven And Hell
The  Truth  About  Heaven And  HellThe  Truth  About  Heaven And  Hell
The Truth About Heaven And Hell
 
The Doctrine of Christ
The Doctrine of ChristThe Doctrine of Christ
The Doctrine of Christ
 
THE EMPTY TOMB FINAL.docx
THE EMPTY TOMB FINAL.docxTHE EMPTY TOMB FINAL.docx
THE EMPTY TOMB FINAL.docx
 
04.05.15 because he lives (presentation)
04.05.15 because he lives (presentation)04.05.15 because he lives (presentation)
04.05.15 because he lives (presentation)
 

Plus de WorldBibles

Let’s praise the lord! kreyol
Let’s praise the lord! kreyolLet’s praise the lord! kreyol
Let’s praise the lord! kreyolWorldBibles
 
Let’s praise the lord! english
Let’s praise the lord! englishLet’s praise the lord! english
Let’s praise the lord! englishWorldBibles
 
How to know god persian farsi
How to know god persian farsiHow to know god persian farsi
How to know god persian farsiWorldBibles
 
How to know god miskito
How to know god miskitoHow to know god miskito
How to know god miskitoWorldBibles
 
How to know god malayalam
How to know god malayalamHow to know god malayalam
How to know god malayalamWorldBibles
 
How to know god kreyol
How to know god kreyolHow to know god kreyol
How to know god kreyolWorldBibles
 
How to know god kannada
How to know god kannadaHow to know god kannada
How to know god kannadaWorldBibles
 
How to know god hausa
How to know god hausaHow to know god hausa
How to know god hausaWorldBibles
 
How to know god georgian
How to know god georgianHow to know god georgian
How to know god georgianWorldBibles
 
How to know god ewe
How to know god eweHow to know god ewe
How to know god eweWorldBibles
 
How to know god estonian
How to know god estonianHow to know god estonian
How to know god estonianWorldBibles
 
How to know god english
How to know god englishHow to know god english
How to know god englishWorldBibles
 
How to know god ateso
How to know god atesoHow to know god ateso
How to know god atesoWorldBibles
 
How to know god arabic
How to know god arabicHow to know god arabic
How to know god arabicWorldBibles
 
Help from above urdu
Help from above urduHelp from above urdu
Help from above urduWorldBibles
 
Help from above tswana
Help from above tswanaHelp from above tswana
Help from above tswanaWorldBibles
 
Help from above tibetan
Help from above tibetanHelp from above tibetan
Help from above tibetanWorldBibles
 
Help from above thai
Help from above thaiHelp from above thai
Help from above thaiWorldBibles
 
Help from above telugu
Help from above teluguHelp from above telugu
Help from above teluguWorldBibles
 
Help from above tamil
Help from above tamilHelp from above tamil
Help from above tamilWorldBibles
 

Plus de WorldBibles (20)

Let’s praise the lord! kreyol
Let’s praise the lord! kreyolLet’s praise the lord! kreyol
Let’s praise the lord! kreyol
 
Let’s praise the lord! english
Let’s praise the lord! englishLet’s praise the lord! english
Let’s praise the lord! english
 
How to know god persian farsi
How to know god persian farsiHow to know god persian farsi
How to know god persian farsi
 
How to know god miskito
How to know god miskitoHow to know god miskito
How to know god miskito
 
How to know god malayalam
How to know god malayalamHow to know god malayalam
How to know god malayalam
 
How to know god kreyol
How to know god kreyolHow to know god kreyol
How to know god kreyol
 
How to know god kannada
How to know god kannadaHow to know god kannada
How to know god kannada
 
How to know god hausa
How to know god hausaHow to know god hausa
How to know god hausa
 
How to know god georgian
How to know god georgianHow to know god georgian
How to know god georgian
 
How to know god ewe
How to know god eweHow to know god ewe
How to know god ewe
 
How to know god estonian
How to know god estonianHow to know god estonian
How to know god estonian
 
How to know god english
How to know god englishHow to know god english
How to know god english
 
How to know god ateso
How to know god atesoHow to know god ateso
How to know god ateso
 
How to know god arabic
How to know god arabicHow to know god arabic
How to know god arabic
 
Help from above urdu
Help from above urduHelp from above urdu
Help from above urdu
 
Help from above tswana
Help from above tswanaHelp from above tswana
Help from above tswana
 
Help from above tibetan
Help from above tibetanHelp from above tibetan
Help from above tibetan
 
Help from above thai
Help from above thaiHelp from above thai
Help from above thai
 
Help from above telugu
Help from above teluguHelp from above telugu
Help from above telugu
 
Help from above tamil
Help from above tamilHelp from above tamil
Help from above tamil
 

The way to god kinyarwanda

  • 1. Inzira Itugeza ku Mana “Mbere na mbere Imana yaremye ijuru n’isi.” —Itangiriro 1:1 “Kuko muri we [Kristo] ari mo byose byaremewe, ari ibyo mu ijuru cyangwa ibyo mu isi. . . .” —Abakolosayi 1:16 “Muhawe umugisha n’Uwiteka, waremye ijuru n’isi. Ijuru ni iry’ Uwiteka, ariko isi yayihaye abantu” —Zaburi 115:15, 16 Isi yari itunganye igihe Imana yayiheraga abantu. Komeza usome muri aka gatabo ngo umenye ibyabaye nyuma y’aho. IMANA YAREMYE IYI SI YACU 1 N’IBINTU BIZIMA BYOSE “Imana iravuga iti ‘Tureme umuntu, agire ishusho yacu, ase natwe; batware . . . isi yose.’ ” —Itangiriro 1:26a 2 IMANA YARATUREMYE UMUNTU AHINDUKA UBUGINGO BUZIMA 3 “Uwiteka Imana irema umuntu mu mukungugu wo hasi, imuhumekera mu mazuru umwuka w’ubugingo; umuntu ahinduka ubugingo buzima*.” —Itangiriro 2:7 “Kandi Uwiteka Imana iravuga iti ‘Si byiza ko uyu muntu aba wenyine; reka mmuremera umufasha. . . .’ Uwiteka Imana isinziriza uwo muntu ubuticura, aras- inzira; imukuramo urubavu rumwe, ihasubiza inyama; urwo rubavu Uwiteka Imana yakuye muri uwo muntu, iruhindura umugore, imushyira uwo muntu.” —Itangiriro 2:18a, 21, 22 *Ubugingo buzima ni ukuvuga ko tuzabaho iteka ryose. ©1994 ya Rose Stair Goodman. Ishusho yo ku gipfuko yakozwe na Edwin B. Wallace. Meryl Esenwein yakoze amashusho yo kuri iyi page no kuri iza 10, 12, 14, 16, 27, 29, 39, 41, 42, 44, 46, 47, na 48. Imirongo yo muri Bibliya yavuye muri Bibliya Yera ya 1957, © Alliance Biblique Universelle.
  • 2. Nta bwo dukwiriye kumvira ijwi rya Satani. ADAMU NA EVA NTIBUMVIYE IMANA4 “Uwiteka Imana ijyana wa muntu, imushyira muri iyo ngobyi yo mu Edeni, ngo ahingire ibirimo, ayirinde. Uwiteka Imana imutegeka iti ‘Ku giti cyose cyo muri iyo ngobyi ujye urye imbuto zacyo, uko ushaka; ariko igiti cy’ubwenge bumenyesha icyiza n’ikibi ntuzakiryeho; kuko umunsi wakiriyeho, no gupfa uzapfa’” —Itangiriro 2:15-17 INZOKA, YITWA N’UMWANZI CYANGWA SATANI, ISHIDIKANYA UBUTEGETSI BW’IMANA, KANDI IBESHYA “Iyo nzoka ibwira umugore iti ‘Gupfa ntimuzapfa.’ . . . Uwo mugore abonye yuko icyo giti gifite ibyokurya byiza, kandi ko ari icy’ igikundiro, kandi ko ari icyo kwifurizwa kumenyesha umuntu ubwenge, asoroma ku mbuto zacyo, arazirya, ahaho n’umugabo we . . . arazirya.” —Itangiriro 3:4, 6 “Uwiteka Imana imwirukana muri ya ngobyi mu Edeni, kugira ngo ahinge ubutaka yavuyemo . . . ishyiraho abamarayika n’inkota yaka umuriro . . . ngo ibuze inzira ijya kuri cya giti cy’ubugingo.” —Itangiriro 3:23b, 24b 6 ADAMU NA EVA BABUJIJWE KUGUMA MU EDENI “. . . Nk’uko ibyaha byazanywe mu isi n’umuntu umwe, urupfu rukazanwa n’ibyaha, ni ko urupfu rugera ku bantu bose....” —Abaroma 5:12 Ikintu tugomba kwibuka Buri muntu avukana kamere y’icyaha kandi azapfa kuko urupfu rwazanywe n’icyaha. (Ongera usome Abaroma 5:12.) IGIHE ADAMU NA EVA BACUMURAGA 7 CYABEREYE ABANTU BOSE UMUNSI W'UMUBABARO “Muri we [Kristo Yesu] ni ho hari kûzura k’Ubumana kose mu buryo bw’umubiri.” —Abakolosayi 2:9 “Azabyara umuhungu, uzamwite YESU, kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha byabo.” —Matayo 1:21 Kugira ngo abe umuntu, Umwana w’Imana yari akwiriye kuvuka nk'uruhinja rw’umuntu. 8 IMIGAMBI Y’IMANA YO KUDUKIZA IBYAHA YARI UGUTUMA UMWANA WAYO W’IKINEGE “Mbere na mbere hariho Jambo; Jambo uwo yaho- ranye n’Imana, kandi Jambo yari Imana . . . . Jambo uwo yabaye umuntu, abana natwe. . . .” —Yohana 1:1, 14 “Nuko ibyo byose byabereyeho kugira ngo ibyo Umwami Imana yavuze . . . bisohore ngo ‘Dore umwari azasama inda, kandi azabyara umuhungu, azitwa Imanuweli’ risobanurwa ngo, Imana iri kumwe natwe.” —Matayo 1:22, 23 “Nuko umwana yatuvukiye, duhawe umwana w’u- muhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye; azitwa Igitangaza, Umujyanama, Imana ikomeye, Data wa twese Uhoraho, Umwami w’amahoro.” —Yesaya 9:6 YESU NI IMANA– 9 AGIRA ISHUSHO Y’UMUNTU 5
  • 3. “. . . Utigeze kumenya icyaha . . . .” —2 Abakorinto 5:21 “Nta cyaha yakoze” —1 Petero 2:22 Nta gitambo umuntu yashobora gutamba cyari GITUNGANYE ngo gishobore gukuraho ibyaha. “Erega ntibishoboka ko ama- raso y’amapfizi n’ay’ ihene aku- raho ibyaha.” —Abaheburayo 10:4 Yesu ni we Mwana w’intama w’Imana. “Nguyu Umwana w’inta- ma w’Imana, ukuraho ibyaha by’abari mu isi.” —Yohana 1:29b 10 YESU KRISTO– IGITAMBO GITUNGANYE CYADUTAMBIWE Yesu yabambiwe ku musaraba w’igiti kuko abantu b’a- banyamwaga bamwangaga. Ariko urupfu rwe rwari mu migambi y’Imana. Yesu yatanze ubugingo bwe ku bushake bwe bwite, kugira ngo adukize, wowe nanjye, ibyaha byacu. Yesu yaravuze ati, “Nta ubunyaka [ubugingo bwanjye], ahu- bwo mbutanga ku bushake bwanjye. Nshobora kubutanga kandi nshobora kubusubirana.” —Yohana 10:18 TURACUNGURWA N’AMARASO Y’UMWANA W’INTAMA W’IMANA “. . . Ibyo mwacungujwe . . . ntibyari ibyangirika nk’ifeza cyangwa izahabu, ahubwo mwacungujwe amaraso y’igiciro cyinshi, nk’ay’umwana w’intama utagira inenge cyangwa ibara, ni yo ya Kristo.” —1 Petero 1:18, 19 Nta bindi bitambo bishobora gukuraho ibyaha. YESU YATANZE UBUGINGO 11 BWE KUGIRA NGO ADUKIZE “. . . Kristo yadupfiriye, tukiri abanyabyaha [tutumviye Imana].” —Abaroma 5:8 Uyu mugome yizeye Yesu agakizwa. “. . . Ubwo twagizwe intungane [dutsindishirizwa] imbere y’Imana n’amaraso ye, tuzarushaho gukizwa uburakari bwayo tubikesha Kristo.” —Abaroma 5:9 12 Uyu mugome yanze kwizera Yesu, bituma adakizwa. “Mwami, uzanyibuke, ubwo uzazira mu bwami bwawe.” “. . . Ndakubwira ukuri ko uyu munsi turibubane muri Paradiso.” —Luka 23:43 “Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege, kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.” —Yohana 3:16 “Ni we wadukijije ubutware bw’umwijima, akadukuramo, akatujyana mu bwami bw’Umwana we akunda. Ni we waducunguje amaraso ye, ngo tubone kubabarirwa ibyaha byacu” —Abakolosayi 1:13, 14 ABIZERA UMWANA W’IMANA BOSE 13 BAFITE UBUGINGO “Marayika abwira abagore ati ‘Mwebweho, mwitinya; kuko nzi yuko mushaka Yesu wa- bambwe. Ntari hano; kuko yazutse nk’uko yavuze. Nimuze, murebe aho Umwami yari aryamye.’ ” —Matayo 28:5, 6 14 “YARAZUTSE!” YESU YAZUTSE AVUYE MU BAPFUYE 15 “Ndi Uhoraho. Icyakora nari narapfuye, ariko none dore mporaho iteka ryose, kandi mfite imfunguzo z’u- rupfu n’iz’ikuzimu.” —Ibyahishuwe 1:18 “. . . Kuko ndiho, namwe muzabaho.” —Yohana 14:19 Kuko Kristo yanesheje urupfu akaba afite imfunguzo z’u- rupfu, ntitukigomba gutinya urupfu. “Uko ntinya kose, nzakwiringira.” —Zaburi 56:3 (Reba urupapuro rwa 46 ngo ubone andi masezerano y’Imana.) YESU ABASHA KUGUKIZA, KANDI AKABA ARAGUSENGERA “Naho Uwo, kuko ahoraho iteka ryose . . . abasha gukiza rwose abegerezwa Imana na we, kuko ahoraho iteka ngo abasabire.” —Abaheburayo 7:24, 25
  • 4. Mbese WOWE ukurikira iyihe nzira? Yesu Kristo ni we NZIRA igera ku BUGINGO buho- raho no kubana n’Imana. Satani ni we nzira igera ku RUPFU ruhoraho. Uyu muhungu ahisemo neza inzira igera ku bugingo buhoraho. UZAHITAMO IKIHE? 17 “. . . Uyu munsi nimwitoranirize uwo muzakorera.” —Yosuwa 24:15 “. . . Nuko uhitemo ubugingo, ubone kubaho, wowe n’urubyaro rwawe. . . .” —Gutegeka kwa Kabiri 30:19 YESU NI WE NZIRA IGERA KU BUGINGO BUHORAHO “Nta undi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y’ijuru ryahawe abantu, dukwiriye guki- rizwamo.” —Ibyakozwe 4:12 “Jyewe, jye ubwanjye, ni jyewe Uwiteka; kandi nta undi mukiza utari jyewe.” —Yesaya 43:11 1. Yesu Kristo ni we waje. “. . . Jyeweho nazanywe no kugira ngo zibone ubugingo. . . .” —Yohana 10:10 18 NI KUKI DUKWIRIYE GUHITAMO YESU NIDUSHAKA UBUGINGO BUHORAHO? 2. Ni Yesu Kristo wadukunze akadupfira. “. . . Umwana w’Imana wankunze, akanyitangira.” —Abagalatiya 2:20 Yesu yabaye umuntu, agira amaraso n’umubiri nkatwe, “kugira ngo urupfu rwe aruhinduze ubusa ufite ubutware bw’urupfu, ni we Satani, abone uko abtra abahoze mu bubata bwo gutinya urupfu mu kubaho kwabo kose. —Abaheburayo 2:14, 15 3. Amaraso ya Yesu ni yo yonyine umuti udukiza ibyaha. “. . . Amaraso ni yo mpongano y’ubugingo bwanyu. . . . ” —Abalewi 17:11 “. . . Amaraso ya Yesu Umwana wayo atwezaho ibyaha byose.” —1 Yohana 1:7 “Ni we waducunguje amaraso ye, ngo tubone kubabarirwa ibyaha byacu.” —Abakolosayi 1:14 19 “Yapfiriye bose kugira ngo abariho bå gukomeza kubaho kubwabo, ahubwo babeho kubwa uwo wa- bapfiriye, akanabazukira.” —2 Abakorinto 5:15 Yesu yaravuze ati “...Kuko ndiho, namwe muzabaho.” —Yohana 14:19 20 4. Kristo ni we wazutse mu bapfuye. “. . . Tuzi ko Kristo amaze kuzuka atagipfa, urupfu rukaba rutakimufiteho urutabi [ububasha].” —Abaroma 6:9 5. Dukwiriye kuba dufite Mwuka wa Kristo muri 21 twe kugira ngo tuzazurirwe ubugingo buhoraho. “Kristo uri muri mwe, ni byo byiringiro by’ub- wiza.” —Abakolosayi 1:27c “Ariko niba Umwuka w’Iyazuye Yesu aba muri mwe, Iyazuye Kristo Yesu izazura n’imibiri yanyu ipfa kubwa Umwuka wayo uba muri mwe.” —Abaroma 8:11 NIMUMENYE NEZA KO MWUKA WA KRISTO ABA MURI MWE “. . . Umuntu wese utagira Umwuka wa Kristo, ntaba ari uwe.” —Abaroma 8:9 16 WOWE NANJYE DUSHOBORA GUHABWA UBUGINGO BUHORAHO
  • 5. “Yes’ arankunda . . . kuko yampfiriye.” 22 YESU AKUNDA ABANA BOSE “Arabakikira, abah’ umugisha, abarambitsehw ibiganza” —Mariko 10:16 “Yesu arabahamagara ati ‘Mureke abana bato bansange, ntimubabuze, kuko abameze batyo ubwami bw’Imana ari ubwabo.’ ” —Luka 18:16 “Nuko So uri mu ijuru ntashaka ko hagira n’umwe muri aba bato urimbuka [kuzimira iteka ryose].” —Matayo 18:14 Nta cyo bitwaye uwo uri we, cyangwa aho utuye aho ari ho, Yesu aragukunda, kandi yaragupfiriye. Yesu ashaka ko umukunda kandi. Ushobora kwerekana ko umukunda mu kumwumvira. “Nimunkunda, muzitondera amategeko yanjye.” —Yohana 14:15 “Umuntu, naho ari umwana ame nyekanira ku byo akora. . . .” —Imigani 20:11 1. Emera ko uri umunyabyaha (ko utumviye Imana). “Kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikira ubwiza bw’Imana.” —Abaroma 3:23 2. Egera Imana uciye muri Yesu Kristo. “Kuko hariho Imana imwe, kandi hariho Umuhuza umwe w’Imana n’abantu, na we ni umuntu, ni we Yesu Kristo.” —1 Timoteyo 2:5 “Ni cyo gituma [Yesu] abasha gukiza rwose abegerezwa Imana na we. . . . ” —Abaheburayo 7:25 Yesu yaravuze ati, “. . .Uza aho ndi sinzamwirukana na hato.” —Yohana 6:37 24 UKO USHOBORA KUBONA INZIRA IKUGEZA KU MANA Kuri iyi mirongo andika amagambo yo muri 1 Yohana 1:9 Urayabona mu ishusho y’ibiganza iri ku rupapuro rwa 25. _______________________________________ _______________________________________ _______________________________________ _______________________________________ 5. Reka ibyaha byawe. (Ni ukuvuga kutabisubiramo.) “Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza; ariko ubyatura akabireka, azababarirwa.” —Imigani 28:13 “Va mu byaha, ujye ukore ibyiza. . . . ” —Zaburi 37:27 26 3. Niwihane ibyaha byawe. ((Kwihana kuvuga ko ubabazwa n’ibyaha byawe, bituma wemera kubireka.) “Nuko mwihane, muhindukire, ibyaha byanyu bihanagurwe. . . . ” —Ibyakozwe 3:19 “Umwami Imana. . . itwi- hanganira, idashaka ko hagira n’umwe urimbuka, ahubwo ishaka ko bose bihana.” —2 Petero 3:9 4. Aturira Yesu ibyaha byawe. (Kwatura ni ukubivuga, kubyemera.) 25 6. Izera Umwami Yesu Kristo “Ni watuza akanwa kawe ko Yesu ari Umwami, ukizera mu mutima wawe ko Imana yamuzuye, uzakizwa.” —Abaroma 10:9 “. . . Izera Umwami Yesu urakira ubwawe n’abo mu rugo rwawe.” —Ibyakozwe 16:31 “Mwakijijwe n’ubuntu kubwo kwizera; . . . ni impano y’Imana; ntibyavuye no ku mirimo, kugira ngo hatagira umuntu wirarira.” —Abefeso 2:8, 9 27 23 “Ni twatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu . . . .” —1 Yohana 1:9
  • 6. 7. Akira Umwami Yesu Kristo mu mutima wawe no mu mibereho yawe. Ni wowe wenyine ushobora gukingura urugi rw’umutima wawe no kwinjiza Yesu. Yesu yaravuze ati, “Dore, mpagaze ku rugi, ndakomanga. Umuntu ni yumva ijwi ryanjye, agakingura urugi, nzinjira iwe, dusangire.” —Ibyahishuwe 3:20 “Icyakora, abamwemeye bose, bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b’Imana.” —Yohana 1:12 28 Niba uba utigeze gusenga, kandi wumva ko ushaka ugufasha mu gusenga, ushobora gukurikira isengesho ryanditswe hano hepfo: Mwami Yesu Kristo nkunda, Ndagushimiye ko wampfiriye ku musaraba kugira ngo unkuremo ibyaha byanjye. Ndababajwe n’ibibi nakoze byose. Ndagusabye kuza winjira mu mutima wanjye ukambamo iteka ryose. Ndakwizeye ubu ngubu ngo unyoze umutima. Ndakwakiriye ngo ube Umukiza wanjye n’Umwami wanjye. Ndabsabye mu izina rya Yesu. Amina. KUKUYOBORA MU GUSENGA 29 “. . . Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo bubonerwa mu Mwana wayo. Ufite uwo Mwana ni we ufite ubwo bugingo. . . . ” —1 Yohana 5:11, 12 “. . . Uwumva ijambo ryanjye, akizera uwantumye . . . aba avuye mu rupfu, ageze mu bugingo.” —Yohana 5:24 Igihe umubiri wawe upfira, wowe uba uri kumwe n’Umwami (2 Abakorinto 5:8). “. . . Kristo uri muri mwe, ni byo byi- ringiro by’ubwiza” (Abakolosayi 1:27) Niba wamaze gusaba Yesu kukubabarira ibyaha byawe, kandi ukaba wizera Umwami Yesu Kristo ngo abe Umukiza wawe, andi- ka izina ryawe hano kuri uyu murongo: _______________________________________ 30 IGIHE UFITE YESU MU MUTIMA, UBA UFITE UBUGINGO BUHORAHO Soma imirongo yo muri Bibliya (ni yo Jambo ry’Imana) buri munsi, kandi uyihishe mu mutima wawe mu gufata mu bwenge imirongo igu- fasha. (Urabona imirongo myiza myinshi muri aka gatabo.) “Ibyanditswe byera byose byahumetswe n’Imana, kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu [ibyo kwizera] no kumwemeza ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka.” —2 Timoteyo 3:16 UBURYO BWO GUKOMEZA 31 GUKURIKIRA YESU 32 VUGANA NA YESU MU GUSENGA IGIHE ICYO ARI CYO CYOSE Shimira Yesu ibyiza byose biboneka mu mibereho yawe. Umushimire ibyo yagukoreye n’uko yakijije umutima wawe. Sabira icyo ukeneye cyose. Senga mu izina rya Yesu. “. . . Tuzi ko itwumva igihe tuyisabye ikintu gihuje n’uko ishaka.” —1 Yohana 5:14 “. . . Icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye azakibaha.” —Yohana 16:23 “. . . Musabirane. . . . ” —Yakobo 5:16 “. . . Musabire ababarenganya.” —Matayo 5:44 ISENGESHO YESU 33 YIGISHIJE ABIGISHWA BE (Umwigishwa wa Yesu ni umukurikira.) Yesu yabwiye abigishwa be gusenga batya: “Data wa twese uri mu ijuru, izina ryawe ryu- bahwe, ubwami bwawe buze, ibyo ushaka bibeho mu isi, nk’uko biba mu ijuru; uduhe none ibyo kurya byacu by’uyu munsi; uduharire imyenda yacu, nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu; ntuduhne mu bitwoshya, ahubwo udukize Umubi; kuko ubwami n’ubushobozi n’icyubahiro ari ibyawe, none n’iteka ryose. Amen.” —Matayo 6:9-13 Ni ngombwa gufata iryo sengesho mu bwenge. Abakristo bakunda gusengera hamwe iryo sengesho mu majwi yumvikana.
  • 7. 34 AMATEGEKO CUMI Y’IMANA ATWIGISHA UKO DUKWIRIYE KUMERA MU MIBEREHO YACU (Kuva 20) Amategeko Ane Abanza Avuga Iby’Uko Dukunda Imana 1. “Ntukagire izindi mana mu maso yanjye.” 2. “Ntukiremere igishushanyo kibajwe, cyangwa igisa n’ishusho yose . . . ; ntukabyikubite imbere, ntukabiko- rere.” 3. “Ntukavugire ubusa izina ry’Uwiteka, Imana yawe.” 4. “Wibuke kweza umunsi w’isabato.” Andi Atandatu Asigaye Avuga Uko Dukunda Abantu AMATEGEKO CUMI (akomeza) 35 5. “Wubahe so na nyoko.” 6. “Ntukice.” 7. “Ntugasambane.” (Gusambana ni ukuryamana n’uwo mutashyingiranwe.) 8. “Ntukibe.” 9. “Ntugashinje ibinyoma mugenzi wawe.” 10. “Ntukifuze . . . ikintu cyose cya mugenzi wawe.” IYO TWUMVIRA IMANA BITUMA DUHABWA IBYO DUSABYE “Icyo dusaba cyose tugihabwa na yo, kuko twitondera amategeko yayo, tugakora ibishimwa imbere yayo.” —1 Yohana 3:22 36 AMATEGEKO ABIRI ARUTA ANDI YOSE Gukunda Imana 1. “Yesu aramusubiza ati ‘Ukundishe Uwiteka, Imana yawe, umutima wawe wose, n’ubugingo bwawe bwose, n’ubwenge bwawe bwose. Iryo ni ryo tegeko rikomeye ry’imbere.’ ” —Matayo 22:37, 38 Gukunda Abantu 2. “N’irya kabiri rihwanye na ryo ngiri: ‘Ukunde mugenzi wawe nk’uko wikunda.’ ” —Matayo 22:39 Amategeko yose uko ari icumi (yo ku mpapuro za 34 na 35) arafubitse muri ayo abiri aruta andi yose. 1Nubwo navuga indimi z’abantu n’iz’abamarayika, ariko singire urukundo, mba mpindutse nk’umuringa uvuga cyangwa icyuma kirenga. 2Kandi nubwo nagira impano yo guhanura, nkamenya ibihishwe byose n’ub- wenge bwose; kandi nubwo nagira kwizera kose, nkabasha gukuraho imisozi, ariko singire urukundo, nta cyo mba ndi cyo. 3Kandi nubwo natanga ibyanjye byose, ngo ngaburire abakene, ndetse nkitanga ubwanjye ngo ntwikwe, ariko singire urukundo, nta cyo byammarira. 4Urukundo rurihangana, rukagira neza; urukundo ntirugira ishyari; urukundo ntirwirarira, URUKUNDO RURUTA IBINDI 37 BINTU BYOSE Igice gikuru kivuga iby’Urukundo (1 Abakorinto 13:1-8, 13) ntirwihimbaza; 5ntirukora ibiteye isoni, ntirusha- ka ibyarwo, ntiruhutiraho; ntirutekereza ikibi ku bantu; 6ntirwishimira gukiranirwa kw’abandi, ahubwo rwishimira ukuri; 7rubabarira byose, rwizera byose; rwiringira byose; rwihanganira byose. 8Urukundo nta bwo ruzashira. Guhanura kuzarangizwa, no kuvuga izindi ndimi kuzagira iherezo; ubwenge na bwo buza- kurwaho. 13Ariko none hagumyeho kwizera n’ibyiringiro n’u- rukundo, ibyo uko ari bitatu; ariko ikiruta ibindi ni urukundo. IMANA NI URUKUNDO “...Imana ni urukundo, kandi uguma mu rukundo, agu- ma mu Mana, Imana ikaguma muri we.” —1 Yohana 4:16 38 YESU ASHAKA KO UTANGA 39 UBUHAMYA (uri imuhira, ku ishuri, mu materaniro, hose) Yesu yaravuze ati, “Witahire, ujye mu banyu, ubabwire ibyo Imana igukoreye byose, n’uko ikubabariye.” —Mariko 5:19
  • 8. 40 UKO UMWANA W’IMANA BWITE AMENYEKANA “Nuko muzabamenyera ku mbuto zabo.” —Matayo 7:20 “Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo, n’ibyishimo, n’a- mahoro, no kwihangana, no kugira neza, n’ingeso nziza, no gu- kiranuka, no kugwa neza, no kwirinda. . . . ” —Abagalatiya 5:22, 23 UMWANA W’IMANA BWITE ABABARIRA ABANDI “Ni mubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo mu ijuru azabababarira namwe.” —Matayo 6:14 IBINTU BIRINDWI IMANA YANGA “Amaso y’ubwibone, ururimi rubeshya, amaboko avusha amaraso y’utariho urubanza, umutima ugambirira ibibi, ama- guru yihutira kugira urugomo, umugabo w’indarikwa uvuga ibinyoma, n’uteranya abavandimwe.” —Imigani 6:17-19 IMIRIMO YA KAMERE: “ . . . Gusambana, no gukora ibiteye isoni, n’iby’isoni nke, no gusenga ibishushanyo, no kuroga, no kwan- gana, no gutongana, n’ishyari, n’umu- jinya, n’amahane, no kwitandukanya, no kwirema ibice, no kugomanwa, no gusinda, n’ibiganiro bibi, n’ibindi bisa bityo . . . abakora ibisa bityo ntibaza- ragwa ubwami bw’Imana.” — Abagalatiya 5:19-21 “ . . . Cyangwa ibitinga cyangwa abagabo bendana, cyangwa abaju- ra, cyangwa abifuza. . . ” —1 Abakorinto 6:9-10 EMERA KO YESU AKUZUZA MWUKA WE WERA AKAGUTUNGANYA “Kandi bamwe muri mwe mwari nk’abo; ariko mwaruhagiwe, mwarejejwe, . . . n’Umwuka w’Imana yacu mu izina ry’Umwami Yesu Kristo.” —1 Abakorinto 6:11 41 (Soma Luka 16:19-26.) Numenye neza ko wizeye Yesu Kristo by’ukuri. Azandika izina ryawe mu Gitabo cye cy’Ubugingo. “Kandi umuntu wese utabonetse ko yanditswe muri cya gitabo cy’ubug- ingo, ajugunywa muri iyo nyanja yaka umuriro.” —Ibyahishuwe 20:15 42 UMURIRO UTAZIMA NI AHANTU HARIHO BY’UKURI YESU NI WE NZIRA IMWE YONYINE 43 ITUGEZA KU MANA “. . . Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo bubonerwa mu Mwana wayo.” —1 Yohana 5:11 “Kuko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, ariko impano y’Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu.” —Abaroma 6:23 “Uwizera uwo Mwana, aba abonye ubugingo buhora- ho, ariko utumvira uwo Mwana ntazabona ubugingo, ahubwo umujinya w’Imana uguma kuri we.” —Yohana 3:36 “Yesu aramubwira ati ‘Ni jye nzira, n’ukuri n’ubugingo; nta wujya kwa Data, ntamujyanye.’” —Yohana 14:6 Mu byo Yohana yeretswe byanditswe mu Byahishuwe 21 yabonye ijuru rishya n’isi nshya. “Imana izahanagura amarira yose ku maso yabo, kandi urupfu ntiruz- abaho ukundi, kandi umuborogo cyangwa gutaka cyangwa kuribwa ntibizabaho ukundi, kuko ibya mbere bishize. Iyicara kuri ya ntebe iravuga iti ‘Dore, byose ndabihindura bishya.’. . . ” —Ibyahishuwe 21:4, 5 Yohana yabonye umurwa wera, umanuka uva mu ijuru “. . . Ururembo ubwarwo rwubakishijwe izahabu nziza, imeze nk’ibirahuri byiza. Imfatiro z’inkike z’urwo rurembo zarimbishishijwe amabuye y’igiciro cyinshi y’amoko yose. . . . ” —Ibyahishuwe 21:18, 19 44 MW IJURU NI AHANTU HARIHO BY’UKURI YESU YARAGIYE GUTEGURIRA 45 ABAMWIZERA BOSE AHABO “Ntimuhagarike imitima yanyu, mwizera Imana, nanjyemunyizere. Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi: iyaba atahari, mba mbabwiye, kuko ngiye kubategurira ahanyu. Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi, namwe muzabeyo.” —Yohana 14:1-3 UMENYESHE ABANDI IZO NKURU NZIZA Yesu yaravuze ati, “Mujye mu bihugu byose, mwigishe abaremwe bose ubutumwa bwiza” —Mariko 16:15 “Umunyabwenge agarura imitima.” —Imigani 11:30 YESU Tabara ! Imbuto z’Umwuka Imirimo ya kamere
  • 9. 46 AMASEZERANO IMANA ISEZERANIRA ABANA BAYO “. . . Sinzagusiga na hato, kandi nta bwo nzaguhana na hato.” —Abaheburayo 13:5 “Azagutegekera abamarayika be, ngo baku- rindire mu nzira zawe zose.” —Zaburi 91:11 “. . . Dore ndi kumwe namwe iminsi yose, kugeza ku mperuka y’isi.” —Matayo 28:20 “Ntutinye ibyo ugiye kuzababazwa . . . ujye ukiranuka, uzageze ku gupfa; nanjye nzaguha ikamba ry’ubugingo.” —Ibyahishuwe 2:10 “Ntabaza, ndagutabara. . . . ” —Yeremiya 33:3 YESU AZAGARUKA 47 Abantu bose bazazurwa bave mu bapfuye. “. . . Igihe kizaza, ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye, bakavamo, abakoze ibyiza bakazukira ubugingo, naho abakoze ibibi bakazukira gucirwaho iteka.” —Yohana 5:28, 29 Abapfiriye muri Kristo bazabanza kuzuka. “Maze natwe abazaba bakiriho basigaye, duhereko tujyananwe na bo tuzamuwe mu bicu, gusanganirira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose.” –1 Abatesalonike 4:17 “Mujye mwirinda, mube maso, muse- nge; kuko mutazi igihe ibyo bizasoho- reramo.” —Mariko 13:33 48 YESU AZAZA ATE? “Dore arazana n’ibicu, kandi amaso yose azamureba. . . .” —Ibyahishuwe 1:7 Mwirinde abiyita Kristo batari we n’abahanuzi b’ibinyoma. “. . . Umuntu nababwira ati ‘Dore, Kristo ari hano’; n’undi ati ‘Ari hano’ ntimuzabye- mere. . . . Nibababwira bati ‘Dore, ari mu butayu’ ntimuzajyeyo; cyangwa bati ‘Dore, ari mu kirambi’ ntimuzabyemere.” —Matayo 24:23, 26 YESU AZAZA ATUNGUTSE ARI MU BICU BYO MU IJURU “Kuko, nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba . . . n’amoko yose yo mu isi . . . azabona Umwana w’umuntu aje ku bicu byo mu ijuru afite ubushobozi n’ubwiza bwinshi. ” —Matayo 24:27, 30 ZABURI Y’UMWUNGERI (Zaburi 23) 1Uwiteka ni we mwungeri wanjye, sinzakena. 2Andya- misha mu cyanya cy’ubwatsi bubisi: anjyana iruhande rw’amazi adasuma. 3Asubiza intege mu bugingo bwanjye, anyobora inzira yo gukiranuka kubwa izina rye. 4Naho nanyura mu gikombe cy’igicucu cy’urupfu, sin- zatinya ikibi cyose, kuko ndi kumwe nawe. Inshyimbo yawe n’inkoni yawe ni byo bimpumuriza. 5Untunganiriza ameza mu maso y’abanzi banjye: unsize amavuta mu mu- twe; igikombe cyanjye kirasesekara. 6Ni ukuri kugirirwa neza n’imbabazi bizanyomaho iminsi yose nkiriho: nanjye nzaba mu nzu y’Uwiteka iteka ryose. If you are interested in receiving additional Scripture booklets write to the publisher in English. World Missionary Press, Inc. P.O. Box 120 New Paris, Indiana 46553-0120 U.S.A. Aka gatabo gatangwa ku busa — ntikagurishwe www.wmpress.org 2216 Kinyarwanda WTG 6-09